Kuri uyu wa Kane, Urukiko rw’Ubutabera rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rwatangiye kumva ibyifuzo biva mu rubanza rwatanzwe na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iregamo Leta y’u Rwanda.
N’ibirego Kongo ishinjamo u Rwanda kugira uruhare mu makimbirane abera muri Kivu y’Amajyaruguru binyuze mu gushyigikira M23 ihanganye bikomeye n’igisirikare cy’Igihugu FARDC.
Ikindi, RDC ishinja u Rwanda n’ibikorwa by’ubushotoranyi bivogera ubusugire bwayo , ubusugire bw’intara zayo Kandi ngo bigahungabanya umudendezo muri politiki n’ubwigenge.
Ibyo bikorwa by’u Rwanda ngo byatumye habaho ihonyora rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Mu cyifuzo cya 4 n’icya 5 u Rwanda rwo rwanenze ko inyandiko zatanzwe na DRC mu Rukiko zitari zahinduwe ziva mu Gifaransa zishyirwa mu Cyongereza, arirwo rurimi rwemewe rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Bityo u Rwanda rwasabye icyemezo cy’urukiko cyo guhagarika urwo rubanza.
Ni mu gihe ibyifuzo 15 na 16, byatanzwe na Guverinoma ya DRC birega u Rwanda, bisaba urukiko umwanya wo gutanga inyandiko zahinduwe mu Cyongereza n’ibimenyetso by’inyongera mu rubanza nyamukuru (Reference No. 33 of 2023 and Application No. 13 of 2023).
© VAR.rw. All Rights Reserved.